Print

Pasiteri yagurishije amakaramu azafasha abanyeshuri gutsinda ibizamini bya Leta

Yanditwe na: Muhire Jason 7 May 2018 Yasuwe: 569

Umupasiteri ukomoka mu gihugu cya Nigeria abinyujije kuri Facebook yavuze ko afite ikaramu zizafasha abanyeshuri bose gutsinda ibizamini bya Leta kuko ubusanzwe batinya gutsindwa. .

Yagize ati “ nazanye ikaramu zizafasha abanyeshuri gutsinda ibizamini […] izi karamu ziri mu mabara atandukanye aho zikozwe mu mazi yahawe umugisha, ikindi nuko zandika mu mabara atandukanye uzikoresha wese azajya azikoresha mu izina rya Nala[ Izina rye] kuko rizaguha ububasha bwo gutsinda ibizamini nk’abandi.

Kuri ubu yavuze ko uzajya ashaka kugura izi karamu azajya anyarukira ku rusengero rwe rwitwa Nala Mandate Church kugirango uyigure kuko adashaka ko zikwirakwira ahantu henshi.