Print

Umugore n’umugabo bafashwe bari gusambanira ku mucanga wa California [AMAFO

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 10 May 2018 Yasuwe: 3830

Uyu mugabo n’umugore bafashwe amashusho batabizi ndetse yakwirakwijwe hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga n’umuntu utazwi wababonye bari muri iki gikorwa cy’urukozasoni.

Aya mashusho yagaragaye bwa mbere ku rubuga rushyirwaho amashusho rwitwa Liveleak aho uyu mugore wari wambaye utwenda tw’imbere yasambanaga ku karubanda n’umugabo wari wambaye ubusa.

Aya mashusho y’iminota 6 yagaragaje abantu benshi bagendaga baca kuri aba bantu barimo basambana kugeza ubwo haje umuyobozi w’uyu mucanga aje kubahagarika ndetse bamuha ka ruswa kugira ngo atabashyikiriza inzego z’umutekano.

Barogowe n’ushinzwe umutekano

Benshi mu babonye aya mashusho banenze aba bantu ndetse basaba inzego z’umutekano kujya bafatira ibihano abantu basambanira ahantu hahurira abantu benshi,cyane ko n’abana bato bakunda gusohokera ku mucanga bari kumwe n’abana babo.