Print

Ibyihebe byateze ibisasu bitatu muri stade yaberagamo umukino bihitana ubuzima bwa benshi

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 20 May 2018 Yasuwe: 2263

Mu bantu bishwe n’ibi byihebe ku wa Gatanu w’iki cyumweru harimo umuyobozi w’intara ya Laghman wari wateguye aya marushanwa yise “Ramadan Cup”yari agamije gutangiza igisibo cy’abayisilamu.

Perezida wa Afghanistan Ashraf Ghani yanenze ibi byihebe byishe abantu mu gisibo,avuga ko bitazi amahame ngenderwaho y’idina ya Isiramu ndetse n’agaciro k’igisibo.

Yagize ati “Ibyihebe byagaragaje ko bitubaha amahame y’idini ndetse n’abanzi bakomeye b’ikiremwamuntu.”

Umuyobozi w’impuzamashyirahamwe y’umukino wa Cricket ku isi yatangaje ubutumwa bwo kwihanganisha abantu bose bagezweho n’ibi bisasu ndetse n’imiryango yabo.

Nta mutwe w’iterabwoba wigambye iki gitero ndetse n’aba Talibani baba muri aka gace bahakanye bivuye inyuma ko atari bo bateze ibi bisasu muri iyi stade.