Uyu mukobwa uri mu bagomba guhatana mu marushanwa yitwa “Love Island” aca kuri televiziyo ya ITV aho abahungu n’abakobwa 12 biyandikishije batangira gukundanira ku kirwa runaka,abitwaye nezamu rukundo bagahembwa akayabo k’ibihumbi 50 by’amapawundi,yavuze ko kugurisha amashusho n’amafoto yambaye ubusa byamuhaye akayabo k’amadolari.
Uyu mukobwa w’imyaka 24,yavuze ko yagiye ashyira hanze amafoto ku mbuga nkoranyambaga zikoreshwa n’abakinnyi ba filimi z’urukozasoni bikamwinjiriza amafaranga.
Uyu mukobwa yavuze ko buri muntu wese wifuzaga kureba amafoto ye yishyuraga amadolari 15 ku kwezi byatumye abona agafaranga kenshi.