Print

Cristiano Ronaldo yakuye umutima abanya Portugal bamukunda bikomeye

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 1 July 2018 Yasuwe: 4076

Uyu munya Portugal w’imyaka 33 yababajwe cyane no gusezererwa kw’iyi kipe y’igihugu muri 1/16 cy’igikombe cy’isi na Uruguay batsinzwe ibitego 2-1,yanze kugira icyo atangaza ku byerekeye ahazaza he mu ikipe y’igihugu ndetse ntiyigeze yemeza ko azakomeza kuyiinira byateye impungenge abanya Portugal.

Yagize ati “iki sicyo gihe cyo gutangaza ahazaza hanjye mu ikipe y’igihugu,ku mutoza cyangwa se ku bakinnyi banjye.Ndabizi neza ko iyi kipe izakomeza kwitwara neza,ndetse izakomeza kuba imwe mu makipe meza ku isi.Twarwanye intambara ikomeye kugira ngo dutsinde ariko ntabwo byashobotse.”

Ronaldo yanze kugira icyo atangariza abanyamakuru ku hazaza he nyamara igikombe cy’isi gikurikira giteganyijwe mu mwaka wa 2022 nta cyizere ko azagikina kuko azaba afite imyaka 37.