Print

Abakerarugendo babonye umukecuru w’ imyaka 190 yihishe ngo yari aziko intambara ya mbere y’ Isi igikomeje

Yanditwe na: Nsanzimana Ernest 21 July 2018 Yasuwe: 27212

Catherine avuga ko yibuka neza uko byagenze igihe TITANIC irohama. Imodoka zaje areba, televiziyo zitangira kubaho yariho, ibyogajuru na internet ibi byose byavumbuwe ariho.

Catherine w’ imyaka 190 niwe muntu wa mbere ukuze kurusha abandi ku Isi. Yabonywe na ba mukerarugendo b’ Abanyamerika bari mu gikorwa cyo gusaka inzu ya kera bashakamo imitungo yaba yaribagiraniwemo.

Mu ijwi ririmo intege nke Catherine, yabwiye abo bamukerarugendo ko yavutse mu 1825 avuga ko yagiye kwihisha muri iyo nzu mu ntambara ya mbere y’ isi yose akaba ngo yari agitinya gusohoka muri iyo nzu aziko iyo ntambara igikomeje.

Catherine avuga ko yinjiye muri iyi nzu ari kumwe n’ abana be batatu bakaba barapfuye bazize ikirere kibi cyo mu gace k’ Ubufaransa iyo nzu iherereyemo. Ku bwe ngo ni igitangaza kuba akiri muzima.

Catherine avuga kandi ko yari azi koga kugeza agize imyaka 110. Mu buzima bwe ngo ntiyigeze anyway itabi n’ inzoga. Ntigeze atwara imodoka.

Ba mukerarugendo basanze afite amaseri y’ imineke muri icyo kizu cya kera, bivuze iyo mineke ariyo yamutunganga iyo myaka yose gusa ntibabashije kumenya aho iyo mineke uyu mukecuru yayikuraga.

Biragoye kwiyumvisha ukuntu uyu mukecuru yashoboye kubaho iyi myaka yose nta muganga umukurikirana. Bigatuma bamwe batereza ko uyu mukecuru yaba abeshya imyaka avuga ko afite.

Uyu mukecuru yahise ajyanwa mu bitaro byo mu Bufaransa.

Africa24.Infos


Comments

kabana 21 July 2018

Is this story true? To be verified.
Uyu mukecuru yaba agishobora kuvuga kweli kuri iyo.myaka ?? Iyo mineke yayivanaga hehe? Yaba agishobora kujya gushaka ibimutunga ????