Print

Umuyobozi wa Kiss Fm yashyize hanze amafoto ye ari kogana n’abakobwa babiri bambaye ubusa [AMAFOTO]

Yanditwe na: Muhire Jason 1 August 2018 Yasuwe: 13268

Kuri uyu wa Kabiri taliki ya 31 Nyakanga 2018 . Ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hakwirakwijwe amafoto agaragaza Martin Khafafa umuyobozi mukuru wa Kiss Fm [Kiss FM Managing Director] muri Uganda ari kogana n’abakobwa babiri batazwi bambaye ubusa ,aho wabonaga ko bose bari bishimye.

Nyuma yuko aya mafoto asakajwe ku mbuga nkoranyambaga bamwe mu bayabonye bibajije impamvu yakwirakwijwe , gusa kugera magingo aya ntiharamenyekana umuntu wayashyize hanze gusa hagashyirwa mu majwi umwe mu bakobwa bari kumwe mu mafoto.

Inkuru dukeshya ikinyamakuru cya Ugblizz cyavuze ko uyu mugabo adakunze kugaragara cyane mu itangazamakuru gusa kuri ubu bamwe batunguwe no kubona aya mafoto arikumwe n’inkumi ebyiri mu rwogero ndetse bigacyekwa koyari kumwe nabo aho atuye.