Print

Umugore yatangarije kuri Televiziyo ko amaze gusambana n’imizimu 20 hari n’uwifuza kumutera inda [AMAFOTO]

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 6 August 2018 Yasuwe: 2833

Uyu mugore yavuze ko amaze kuryamana n’imizimu 20 ndetse yayiyeguriye atacyifuza kuryamana n’abantu bazima kuko iyo imurongoye asigara anyuzwe ndetse ngo hari uwamusabye ko yawubyarira umwana.

Uyu mugore usanzwe agira inama abantu ku byerekeye imyuka mibi,yatunguye benshi ubwo yatangazaga ko yifuza kubana n’umuzimu kuko amaze kuryamana n’irenga 20 mu myaka 11 amaze afitanye umubano nayo.

Uyu mugore yavuze ko mu minsi ishize aherutse guhura n’umuzimu urenze bararyamana ndetse umusaba ko yazawubyarira umwana mu minsi iri imbere.

Yagize ati “Umunsi umwe ubwo narimo ntembera mu bihuru nibwo nabonye ubuzima.Nahise menya ko umukunzi mushya aje.”

Nubwo uyu mugore yavuze ko adashobora kubona umuzimu mu maso ngo bavugana igihe bari gukora imibonano mpuzabitsina.

Uyu mugore yavuze ko hari umuzimu bamaze amezi 6 baryamana ndetse umubano wabo ugenda ukura aho yemeje ko mu minsi iri imbere bazabyarana umwana.

Yagize ati “Tumeranye neza ndetse twatekereje ko nawubyarira umwana w’umuzimu.Nubwo bitangaje ariko nanjye ndabyifuza kandi nzi neza ko nta kibazo kibirimo.”

Mu kiganiro Amethyst Realm yagiranye na ITV mu gitondo, yayibwiye ko nta mishyikirano yifuza kongera kugirana n’abantu bazima ahubwo agiye gukomeza kwikundanira n’imizimu.