Izi Ntore zaturutse mu Rwanda zavunaga umugara maze abakinnyi ba Arsenal nabo bagasubiramo bashaka kwigana iyi mibyinire y’izi ntore ,akanyamuneza kari kose kuri aba bakinnyi bari shimimye cyane,Twavugako Iyi Kipe ya Arsenal ifitanye ubufatanye n’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bushingiye ku muco w’Igihugu.
Ku rubuga rwa Twitter rwa Arsenal bavuze ko bishimiye cyane izi Ntore zivuna umugara, ndetse banashyiraho amashusho agaragaza abakinnyi ba Arsenal bitegura gutangira shampiyona bishimye bikomeye bari no kugerageza kwigana uko intore ziri kubyina aho bari ku kibuga cy’Imyitozo.
REBA AMASHUSHO: