Print

Benshi batewe ubwoba n’imvune y’umukinnyi wa Borussia Dortmund [AMAFOTO]

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 14 August 2018 Yasuwe: 2618

Uyu musore wavunitse muri Nzeri 2016,yagarutse mu kibuga nyuma y’imyaka 2 adakina,aho yabazwe inshuro 9 ku kuguru ndetse akaba yari amaze iminsi 700 adakina.

Dario Scuderi w’imyaka 20 yavunikiye mu mikino ya UEFA Youth League bitera benshi ubwoba kubera iyi mvune ye.

Nubwo yari amaze imyaka 2 adakina,uyu mwana w’umutariyani wakuye benshi umutima yagarutse mu ikipe mu mikino yo gutegura umwaka w’imikino utaha.

Muganga wavuye uyu musore yavuze ko ariyo mvune ikomeye yabonye kuva yatangira aka kazi ndetse atari yizeye neza ko azabasha kuvura uyu mwana w’umuhungu.

Yagize ati “Yari imvune ikomeye utabasha kwiyumvisha.buri kimwe cyose cyaravunitse.”

Nyuma yo kugaruka Dario Scuderi yashimiye abamubaye hafi barimo umuryango we,inshuti ze na BVB yamubaye hafi kugeza akize.

Dortmund nayo ntiyari yizeye ko Dario Scuderi azakira, kuko yari yaramushyize mu ishuli ryigisha ibya siporo kugira ngo azahite abona akazi mu gihe umupira iyi mvune izaba yanze gukira



Abanyaburayi bakuriwe ingofero kubera imvune ikomeye y’uyu musore bavuye