Print

Uko Amerika n’ uburayi bakiriye ifatwa n’ ifungwa rya Depite Bob Wine

Yanditwe na: Nsanzimana Ernest 17 August 2018 Yasuwe: 4479

Itangazo ryasohowe na leta zunze Ubumwe za Amerika risaba leta ya Uganda kubahiriza uburenganzira bwa muntu ku banyagihugu bayo bose.

Umuryango w’ ubumwe bw’ ibihugu by’ i Burayi nawo usaba Uganda guhagarika gukandamiza. Ibi bikaba bivuzwe nyuma y’itabwa muri yompi ry’umunyapolitike Bobi Wine.

Ejo kuwa kane nibwo abunganira uyu mudepite w’ umuririmbyi, Bobi Wine, bavuga ko yakubiswe cyane ubwo yari apfunzwe by’agateganyo ku buryo yagiye imbere y’ urukiko rwa gisirikare bimugora kuvuga, gutambuka no kureba.

Bobi Wine arashiwa gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’ amategeko.

Ibi byatangajwe amaze gutabwa muri yombi mu gihe harimo hategurwa amatora yo gusimbuza umudepite wo mu mujyi wa Arua mu majyaruguru ya Uganda.