Print

Bakame n’umuryango we bakoreye impanuka I Nyamata[AMAFOTO]

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 22 August 2018 Yasuwe: 8754

Amakuru agera ku Umuryango ni uko uyu wahoze ari kapiteni wa Rayon Sports, yakoze impanuka muri iki gitondo ari kumwe n’abagize umuryango we mu modoka gusa ku bw’amahirwe ntawahasize ubuzima.

Amakuru aravuga ko Bakame ntacyo yabaye gusa umugore we n’umwana bagize ibikomere bidakanganye bajyanwa mu bitaro by’I Nyamata.

Bakame wahagaritswe muri Rayon Sports ku wa 17 Kamena 2018 kubera ikiganiro yagiranye n’umufana witwa Kibonge cyakwirakwiriye hirya no hino benshi bakavuga ko yarimo agambanira Rayon Sports,yakoreye impanuka ahitwa ku Gahembe ubwo imodoka ye yarengaga umuhanda nkuko amafoto agera ku Umuryango abigaragaza.

Twagerageje kuvugana na Ndayishimiye Bakame kuri Telefoni ntibyadukundira gusa turacyabakurikiranira byinshi kuria iyi mpanuka.






Comments

AaronBeton 2 September 2018

Ndamwifuliza koroherwa,ariko akwiye gutungana ibigomba akagaruka muri Rayon.