Print

Rusizi-Muganza:Abaturage bashyingura ababo ku mbuga

Yanditwe na: Nsanzimana Ernest 17 September 2018 Yasuwe: 763

Nsabimana Theogene umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Muganza atangaza ko iki ari ikibazo yasanze muri umurenge kandi ko giteye inkeke kuko muri uyu murenge hari abaturage benshi bahatuye batahavuka ndetse batanahafite ubutaka bityo bikaba ngombwa ko iyo hagize upfa biba ikibazo muri uyu murenge. Uyu muyobozi avuga ko batangije ubukangurambaga mu baturage aho buri muturage azajya atanga amafaranga 1000 ku buryo bitarenze muri Gashyantare hazaba hamaze kuboneka ubutaka bwakwifashishwa nk’irimbi rusange.

Itegeko rigenga amarimbi mu Rwanda riteganya ko umuntu upfuye akwiye gushyingurwa mu irimbi rusange gusa hirya no hino haracyari uduce usanga abaturage bashyingura ku mbuga kubera ko batagira aho bashyingura mu buryo bwa rusange hakaba n’abahigeze ariko hakaza kuzura.

Src: TV1