Print

Perezida Trump agiye gucukumbura niba umunyamakuru Jamal yariciwe muri ambasade

Yanditwe na: Nsanzimana Ernest 11 October 2018 Yasuwe: 558

Trump yabwiye abanyamakuru ko yaganiriye n’abategetsi ba Arabie Saoudite bo "ku rwego rwo hejuru cyane" ku bijyanye n’ umunyamakuru Khashoggi.

Khashoggi wabaga muri Amerika akaba n’unenga ubwami bwa Arabie Saoudite, yinjiye mu biro by’uhagarariye Arabie Saoudite mu murwa mukuru wa Turukiya, Istanbul, ku itariki ya 2 y’uku kwezi kwa cumi kuva ubwo ntihagire uwongera kumuca iryera.

Abategetsi ba Turukiya bavuga ko Khashoggi yishwe. Arabie Saoudite irabihakana. Ku wa gatatu Trump yabwiye abanyamakuru ati:
"Ntabwo dushobora kureka ibi ngo bibe ku banyamakuru, ku muntu uwo ari we wese. Turi gusaba buri kintu cyose. Turashaka kumenya ibiri kubera hariya."

Ibiro bya perezida w’Amerika bya White House byatangaje ko Mike Pompeo, umunyamabanga wa leta y’Amerika, n’abandi bategetsi bo hejuru bavuganye n’igikomangoma Mohammed Bin Salman cya Arabie Saoudite ku wa kabiri.
Byatangaje ko bamusabye amakuru arenzeho kuri icyo kibazo.

Turukiya na Arabie Saoudite byombi ni ibihugu by’inshuti z’Amerika.
Mbere yaho kuri uwo wa gatatu, ibitangazamakuru byo muri Turukiya bwatangaje videwo bivuga ko zigaragaza ibimenyetso by’umugambi ufitanye isano n’iburirwa irengero rya Khashoggi.

Izo videwo zigaragaza abo byibazwa ko ari abakozi b’urwego rw’ubutasi rwa Arabie Saoudite binjira ndetse banava muri Turukiya banyuze ku kibuga cy’indege cya Istanbul.

Hagati aho, Ubwongereza nabwo ku wa gatatu bwatangaje ko bushaka ko Arabie Saoudite ibuha "ibisubizo mu buryo bwihutirwa" kuri uwo munyamakuru waburiwe irengero.