Print

Ese waruziko imiterere y’ikirenge cyawe ishobora kuguhishurira imiterere yawe ?

Yanditwe na: Muhire Jason 11 October 2018 Yasuwe: 4140

Uburyo bwa mbere babwita Egyptian Foot

Niba ufite ikirenge giteye gutya ni ukuvuga ko amano yawe agiye asumbana ariko atondetse ku murongo mbese uhereye kuri gikumwe aricyo kirekire kuzageza ku gahera arinako kagufi ibi bishatse kuvuga iki ku miterere yawe ?abantu bafite imiterere y’iki kirenge ni abantu bagira ibanga cyane ni abantu kandi badashobora kuguhishurira ibiberekeyeho ndetse ni abantu bakunda guhimbarwa cyane.

Uburyo bwa kabiri ni babwita Roman foot

Niba ikirenge cyawe giteye gutya ni ukuvuga ngo amano atatu abanza yose areshya andi abiri akurikiyeho akagenda asumbana ibi bishatse kuvuga iki ku miterere yawe ?aba bantu bateye batya bakunze kuba incuti nziza mbese barakundwa ndetse bagasabana n’abandi .

Uburyo bwa gatatu babwita peasant foot

Ubu buryo ntibukunze kubaho cyane niba ikirenge cyawe giteye gutya mbese amano yawe yose areshya ndetse ari ku murongo umwe mwene aba bantu ni abantu bakunda gukora cyane bakanatekereza cyane bahora batuje ni umuntu ugirirwa icyizere ni umuntu kandi bashobora kugengeraho mugihe cy’ibibazo bikomeye bigomba gukemurwa.