Print

Djazila yongeye gushyira hanze amafoto agaragaza amabere ye

Yanditwe na: Muhire Jason 4 November 2018 Yasuwe: 2172

Kuri uyu wa Gatandatu taliki 3 Ugushyingo 2018 ,Umunyarwandakazi Munyaneza Djazila usanzwe ukora ibijyanye no kwerekana imideli ndetse akaba yarabaye umunyamideli wahize abandi muri Made in Rwanda yashyize hanze amafoto agaragaza amabere ye.

Ibi bibaye nyuma yuko uyu mukobwa yambuwe amahirwe yo guhagararira u Rwanda mu irushanwa rya Miss Supranational ryari kubera mu gihugu cya Poland muri uyu mwaka ,Kuri uyu wa Gatandatu yongeye gutungurana n’amafoto agaragaza yambaye umwenda werekana amabere ye nyuma yuko yambuwe amahirwe yo guserukira u Rwanda kubera imyitwarire ye.

Nyuma yuko bisakujwe hanze itangazamakuru ryashatse kumenya impamvu yimbitse yatumye uyu mukobwa akurwa ku rutonde rw’abagombaga kwitabira iri rushanwa ngaruka mwaka bavuze ko bizatangazwa mu minsi iri imbere ,Mu gihe Djazila we yisobanuraga avuga yikuyemo ku mpamvu ze bwite kubera akazi ko ko kumurika imideli akora.

Djazila kuri ubu ufitanye amasezerano na Kampanyi ikomeye ikorera ibikorwa byayo muri Nigeria akomeje kuvugisha abamukurikira kuri instagram bitewe n’amafoto atandukanye akunze gusakaza yanze yambaye mu buryo budasanzwe aho bamwe bamushinja kwica umuco nyarwanda.