Print

Pasiteri yaguwe gitumo aryamanye n’umukunzi w’abandi

Yanditwe na: Muhire Jason 21 November 2018 Yasuwe: 3241

Mu gihugu cya Ghana haravugwa inkuru ibabaje y’umupasiteri witwa Nana Appiah uzwi nka Biblical of Glorious ukuriye itorero rya Chapel International aho yaguwe gitumo aryamanye n’umukunzi w’abandi mu cyumweru gishize.

Amakuru dushya ibitangazamakuru byo muri Ghana byavuze ko uyu pasiteri nyuma yo gufatwa yashatse kwigira intungane avuga ko ari umukozi w’Imana gusa bamwe mubo uwo mukobwa mukuru we yahuruje ngo bamufatire uwo mugabo bamunyujijeho akanyafu biratinda.

Mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga uyu mu pasiteri wumvaga mu kanwa ke hagarukamo ijambo Imana cyane aho bamwe babibonye nk’ikimwaro ndetse no kugirango yerekane ko akijijwe ari ubwambere akoze icyaha.

Bamwe mu basore baje gutabara uyu mukobwa basigaye banyuzaho akanyafu nyuma yuko umukobwa bari baryamanye we yahise aburirwa irengero.

Ngo si ubwambere Nana Appiah avuzweho icyaha cy’ubusambanyi ngo kuko mu mezi 10 ahise nanone yigeze kuvugwaho ubusambanyi aho byavugwaga ko abukorana n’abakirisitu be gusa ibi yabyamaganiye kure ko bitashoboka gusa muri iki cyumweru nibwo yafatiwe mu cyaha.