Print

Uganda: Hari umuntu bikekwa ko yishwe n’ icyorezo cya Ebola

Yanditwe na: Nsanzimana Ernest 27 November 2018 Yasuwe: 599

Umuyobozi wungirije wabyo witwa Dr Karissa Kyebambe yemeje aya makuru avuga ko bahise bafata ibipimo by’amaraso babijyana muri Laboratoire ya Entebbe ngo bakomeze gusuzuma.

Dr Kyebambe ati: “ Nakwemeza ko hari umurwayi twakiriye ejo ahita apfa. Yagaragaza ibimenyetso bya Ebola ariko twafashe ibipimo by’amaraso tugiye gusuzuma nyuma tuzamenyesha abantu icyo twasanze yarazize.”

Pasiteri Gad Mugisha uri mu itsinda ry’ubutabazi bwihuse yabwiye Monitor ko bamaze kubona ko nyakwigendera apfuye bamushyize mu ishashi yabigenewe umurambo bawujyana mu bitaro bya Bundibugyo nyuma bakazamushyingura.

Indwara ya Ebola imaze iminsi ivugwa muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo. Imibare itengwa n’inzego z’ubuzima muri kiriya gihugu ivuga ko imaze guhitana abantu batari munsi 100 kuva uyu mwaka watangira.