Print

Abakozi ba Manchester United bakoze igikorwa kigaragaza ko bangaga Jose Mourinho cyane

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 25 December 2018 Yasuwe: 3342

Mourinho utarabanye neza na benshi mu bakozi ba Manchester United,yirukanwe ku wa Kabiri w’icyumweru gishize bitera benshi ibyishimo bikomeye aho n’aba bakozi bahise basukura ibiro uyu mutoza yakoreragamo bihuse kugira ngo batazongera kubona amafoto ye I Old Trafford.

Ibintu bya Mourinho birimo amafoto ye yari amanitse ku bikuta byamanuwe n’aba bakozi mu kanya nk’ako guhumbya ndetse ngo buri mukozi wese yatanze umuganda mu gusibaganya ibiranga uyu mutoza ku kibuga Old Trafford.

Umwe mu bantu bakora ku kibuga Old Trafford yabwiye The Sun ko aba bakozi bakora amasuku bakimara kumenya ko Mourinho yirukanwe,bahise binjira muri ibi biro bye bahita babikubura bishimye ku buryo bukomeye babipakira mu makarito.