Print

Umugabo yapfuye ari kurongora umugore barushanwaga kureba umara igihe kinini akora imibonano mpuzabitsina

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 26 December 2018 Yasuwe: 6878

Uyu Davy yajyanye uyu mugore bari bateze ko ashobora kumurongora igihe kinini ataruhuka muri Hoteli ikomeye yo mu gace kitwa Ikotun mu mujyi wa Lagos,barasambana kugeza uyu mugabo ashizemo umwuka.

Davy n’uyu mugore uzwi nka Loveth bateze kugira ngo barebe umara igihe kinini akora imibonano mpuzabitsina ataruhuka ndetse bashyiraho amafaranga menshi kugira ngo uri butsinde ayegukane ariko uyu mugabo ageze ku gaturu ka karindwi arapfa.

Mu Cyumweru gishize,nibwo Davy yabwiye Loveth ko namutsinda amwishyura ibihumbi 50 by’ama Naira akoreshwa muri Nigeria niko kujya kwitegura iri rushanwa ryubusambanyi ryamuhitanye.

Uyu mugabo yarongoye uyu mugore bageze ku gaturu ka 7 ahita abura umwuka agwa hejuru y’uyu mugore,niko guhita avuza inzogera atabaza abantu ngo baze batabare uyu mugabo,basanga yashizemo umwuka.

Polisi yahise ita muri yombi uyu mugore Loveth wayibwiye iby’iyi ntego yagiranye na Davy gusa umurambo wa Davy wajyanwe gukorerwa Autopsy bareba neza icyamwishe.