Ibi byatumye afata gahunda yo gufungura indi konte ariko anahitamo kubanza kwishinganisha ku mabi cyangwa ibindi bikorwa bitandukanye byakorerwa ku zindi konte zimwiyitirira.
Yavuze ko ko nyuma yo kwibwa konti ye afite impungenge z’ibyo ishobora gukoreshwa, icyakora ahamya ko yagerageje kuvugisha inzego zishinzwe umutekano ndetse akeka ko zikiri mu iperereza.
Yasoje yingingira abakunzi be ko bazajya bagira amakenga ku butumwa ubwari bwo bwose bashobora kwakira mu izina rya Anita Pendo, kuko bumwe bushobora kuba ari ubwe cyangwa ari ubw’abamwiyitirira.