Benshi bahuruye bitewe n’impapuro z’ubutumire na save the date byasakajwe ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane WhatsApp bituma batangara cyane
Mu kiganiro aba bageni bahaye itangazamakuru bemeje ko urukundo rwabo Imana yarugizemo uruhare aho kuba amafaranga nkuko byavuzwe kuri WhatsApp na benshi.
Abantu bamwe babonye umusore ataraza bari batangiye kujujura ko yabenze umukobwa, ariko bakirema agatima kubera ko basezeranye mu mategeko ku wa kane tariki 10 Mutarama 2019.
Ku ruhande rw’umusore n’umukobwa bose baherekejwe n’abantu nibura 100 kuri buri ruhande n’abandi nka 50 bitabiriye batumiwe barimo n’abaje gushungera.
Ndayitegeye afite imyaka 25 y’amavuko mu gihe Mukeshimana ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije afite imyaka 40.
Amafoto:IGIHE
urukundo nyarwo ntacyo rukora kidahwitse