Uyu mugore wari utwite yarembeye muri iyi ndege bituma abayiyobora bitabaza igitaraganya ikibuga cy’indege cya Kigali I Kanombe,kugira ngo ajyanwe ku bitaro.
Iyi ndege ikimara guhagarara, ambulance yahise itwara byihuse uyu mugore mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe hanyuma indege ikomeza urugendo.
Nta makuru menshi yigeze atangazwa n’iyi kompanyi y’indege kuri uyu mugore wari utwite, wagiriye ikibazo cy’uburwayi muri iyi ndege.
byiza cyane rwose,nimugira andi amakuru mumenya kuri uwo mudamu nabyo muzabitubwire,gusa arware ubukira kandi uwiteka abane nawe.