Uyu musore ukiri muto yibasiwe bikomeye n’abantu ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko atashatse uyu mukecuru kubera amukunze ahubwo yabikoze kugira ngo yigire muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.
Uyu mugabo ukomoka mu ntara ya Delta, yishe umuco wo mu batuye muri iyi ntara kuko nta musore wemerewe gushakana n’umuntu ukubye kabiri imyaka ye.
Uyu musore bivugwa ko ari Umuhamya wa Yehova, amaze imyaka 2 ahuriye n’uyu mukecuru kuri Facebook, barakundana birakomera, none byarangiye barushinze mu bukwe butavuzweho rumwe.
Abakuru b’itorero ry’uyu musore baramurwanyije kuko nabo bakekaga ko ashatse uyu mukecuru atamukunze ahubwo ari ubwikunde bubimuteye kubera inyota yo gushaka kujya gutura muri USA.