Print

Rutahizamu Baboua Samson agiye kurushinga n’umunyarwandakazi bamaze umwaka bakundana [AMAFOTO]

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 14 April 2019 Yasuwe: 3828

Umuhango wo gusezerana imbere y’amategeko uteganyijwe ku itariki 16 Gicurasi 2019 naho uwo gusaba no gukwa ngo bazawukora muri Nzeri uyu mwaka nkuko Baboua yabitangarije Rwandamagazine.com.

Rutahizamu Baboua yabwiye ikinyaamkuru Rwandamagazine.com dukesha iyi nkuru ko yahisemo Mutoni Maureen kubera ko yasanze ari umukobwa wihariye kandi umukunda.

Yagize ati " Ni umukobwa wihariye, sinzi uko nabigusobanurira. Namukundiye ko yubaha, agira ubumuntu ariko by’umwihariko akaba angaragariza urukundo rusesuye. Ndashimira Imana ko navuye i Lagos (Nigeria) nje mu kazi mu Rwanda, nkanahabona urukundo nyarukundo"

Yakomeje avuga ko gushaka umugore bizamufasha cyane mu mwuga we ati " Bizamfasha cyane kuko ubu ngiye kwita cyane ku mwuga wanjye.Nta bindi bindangaza nzongera guhura nabyo."

Baboua Samson niwe uyoboye ubusatirizi bwa Sunrise FC kuko amaze kuyitsindira ibitego 8 kugeza ku munsi wa 22 wa Shampiyona, Azam Rwanda Premier League.

Umwaka ushize nabwo yari yatsindiye iyi kipe ibitego 8. Yageze muri Sunrise FC mu mwaka w’imikino 2016/2017.




Inkuru ya Rwanda Magazine