Print

Umugabo yibagiwe gufunga camera ye yari mu cyumba imufasha gufata umugore we ari gusambana na Meya

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 14 April 2019 Yasuwe: 13476

Ubwo uyu mugabo yari avuye ku kazi,yasanze camera ye yari yibagiwe kuzimya iri kwaka,arebye amashusho abona umugore we ari gusambana n’umugabo w’umuturanyi.

Mu mashusho yafashwe n’iyi camera,yagaragaje umugabo mugenzi we ari gusoma umugore we ndetse ari kumukuramo imyenda .

Uyu mugabo utari uzi ko umugore we amuca inyuma,yamufashe bitunguranye abifashijwemo n’iyi Camera yibagiwe gufunga.

Yang ukomoka mu gace kitwa Mudanjiang gaherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’Ubushinwa yabonye umugabo wamusambanyirizaga umugore,ari Meya wabo bari basanzwe ari inshuti.

Ubwo bombi bari batangiye kwinjira mu gikorwa cy’ubusambanyi,umugore yabajije umugabo ati “wakoraga iki?,aramusubiza ati “Nari ngukumbuye.”

Yang n’umugore we Cui Hua bari bamaze imyaka 20 babana ariko byarangiye batanukanye nyuma yo kumufata bitunguranye abifashijwemo na Camera ye aho yahise anashyira hanze aya mafoto uyu mugore we ari kumuca inyuma.




Comments

Dumbuli 17 April 2019

Myor wo mu Bushinwa yasebye yihangane ubutaha ntazasambanye umugore w’abandi kuko ni icyaha pe