Print

Migi yatangaje ko abashyize hanze Kimenyi yambaye ubusa ari abafana ba Rayon Sports

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 18 April 2019 Yasuwe: 6270

Uyu Kapiteni yabwiye abanyamakuru ubwo babasangaga mu myitozo ko Kimenyi Yves atahungabanyijwe n’ibyamaubayeho ndetse ngo bari kumuganiriza kugira ngo akomeza gushyira umwete ku kazi kamutunze ngo kuko abamusebeje ari abashaka amanota 3.

Yagize ati “Kimenyi arakomeye , arimo gukora imyitozo neza. Nta kibazo na kimwe afite. Turi kumwegera tukamubwira ko ari abashaka kumwica mu mutwe kugira ngo bibonere amanota 3 ku munsi wo ku wa 6, ariko na we arabizi ko aka ariko kazi ke , ko ariko kazi kadutunze. Agomba kwirengagiza ibyo ngibyo byose akaza tugashyira hamwe."

Umunyezamu wa APR FC,Kimenyi Yves yavuzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga kubera amashusho ye yambaye ubusa buri buri yagiye hanze mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Umutoza wa APR FC,Zlatko Krimpotic yabwiye abanyamakuru ko ibya Kimenyi Yves ntacyo bimubwiye,kuko asanzwe ari umukinnyi mwiza ndetse yiteguye kumukoresha ku mukino wo kuwa Gatandatu bafitanye na Rayon Sports.

Umukino uzahuza Rayon Sports na APR FC,uteganyijwe kuwa Gatandatu tariki 20 Mata 2019.Uzabera kuri Stade Amahoro aho kwinjira azaba ari 2000 FRW, 5000 FRW ,10.000 FRW, 15.000 FRW na 20.000 FRW.


Kimenyi arakataje mu myiteguro yo kwitegura Rayon Sports nubwo aherutse gushyirwa ku karubanda yambaye ubusa buri buri


Comments

Man 19 April 2019

Ariko buriya we nta ruhare yabigizemo ubwo yemeraga kwifotoza, ahubwo bavunge niba adashaka kuba nka Noella. Gusa yarabigizemo uruhare cg atararugize, buried wese amenye koumanika agati wicaye wajya kukamanura ugashaka irwego


18 April 2019

UYU nae ashaj yanduranya


carmel 18 April 2019

Ndabona Migi afite ihungabana ashobora kuba yatinye Rayon. None c abafana ba Rayon ko bagowe nibo bakuyemo Kimenyi imyenda kgo agaragare yabunuje? Migi namufataga nk’umuntu ushyira mu gaciro ariko ubwenge bwe ndabona ari hafi ya ntabwo. Saza neza Migi naho n’usazana Rayon uzicwa n’agahinda


Bella 18 April 2019

Mwebwe mwese mwunva nabi mwigeze mwunva hari aho avuga ijambo rayon(gasenyi) ??!!!!!ntanubwo yabitinyuka kubivuga ryamutera umwaku ririya zina,captain wacu Miggy tukurinyuma kdi na Kimenyi komere ibyo wakora byose we are together uwo byababaje nishyire mukagozi mwebwe gasenyi instinzi yumunwa yo murayihorana ark mukibuga tuzabasuzugura nkuko bisanzwe iteka ryose.


mwiza 18 April 2019

Ariko aba rayon murirata ye ntacyo muzamutwara kd muzabibona ko ntacyamuhungabanya rwose APR oyeeeee


diane 18 April 2019

ariko akagasaza gashakiki koko kuri rayon ?ahubwo ejo tuzamusiramura


Pierrot 18 April 2019

Ariko Aba Rayon twagorwa twagorwa, nako duhabwa imbaraga zidasanzwe. Na Migi nafataga nka sage koko!! Mu kanya aranavuga ko ari twe twambitse ubusa Kimenyi we.


Mahoro 18 April 2019

Aba Rayons c ni bo bamufotoye??!!! Jya umenya gusaza utanduranije cyane!


John 18 April 2019

Ariko Migi nawe ashaje nabi! None se ibi bigambo yahuraguye abifitiye ibihe bimenyetso? None se abo bafana ba Rayon Sports avuga nibo bagiye gukuramo Kimenyi Imyenda baranamufotora?
Migi rwose akwiye kumenya gusaza atanduranyije , cyane cyane ku bafana ba Rayon Sports kuko uko abanduranyaho niko bazarushaho kumusaza!
Ahubwo babe ariwe baganiriza cyangwa bazareke kumukinisha kuri uriya mukino kuko arwaye ihungabana ryitwa Rayon Sports...