Print

Minisitiri w’Intebe muri Mali na Guverinoma ye yose beguye

Yanditwe na: Martin Munezero 20 April 2019 Yasuwe: 882

Ku wa gatatu, habaye igikorwa cyo kumukuraho icyizere ubwo abadepite bavugaga ko minisitiri w’intebe Soumeylou Boubèye Maïga yananiwe gucyemura ikibazo cy’umutekano mucye.

Mu kwezi gushize kwa Werurwe, aborozi bamwe bishwe n’itsinda ry’abo mu bwoko bashyamiranye na bwo.

Perezida Ibrahim Boubacar Keïta wa Mali abinyujije mu itangazo, yemeye ubwegure bwa Bwana Maïga na guverinoma ye.

Yagize ati: “Minisitiri w’intebe azashyirwaho vuba cyane ndetse na l\ nshya ishyirweho bimaze kuganirwaho n’impande zose za politiki”.

Igihugu cya Mali gikomeje kugorwa no kuburizamo ibikorwa biteza umutekano mucye kuva aho intagondwa zigendera ku mahame akaze y’idini ya kisilamu bivugwa ko zishamikiye ku mutwe wa al-Qaeda zibasiye igice cy’amajyaruguru y’igihugu kirangwa n’ubutayu.

Nubwo yakomeje ibikorwa bya gisirikare byo guhashya izo ntagondwa ndetse no mu mwaka wa 2015 hakaba harashyizwe umukono ku masezerano y’amahoro, izo ntagondwa ziracyigaruriye igice kinini, mu gihe zavuye mu majyaruguru zikajya mu gice gituwe cyane kiri hagati mu gihugu.