Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben ni umwe mu bahanzi nyarwanda batajya bagira icyo bavuga ku bakunzi babo aho bamwe bamubonana n’umukoba bagatangira kuvuga ko bakundana gusa nyuma akamwihakana avuga ko ari inshuti ye isanzwe ,yongeye gushimangira igihe nyacyo cyo kuzamutangaza abifuza kumumenya bakamumenya.
Mu kiganiro yagiranye na Umuseke dukesha iyi nkuru,yavuze ko ku munsi nyir’izina w’ubukwe bwe aribwo azamushyira hanze ndetse ahishura ko mu bintu azagenderaho harimo nko kuba atazita ku buranga bwe cyane ahubwo ngo azagendera ku mutima w’uwo mukobwa.
Ku bijyanye n’igihe cy’ubukwe bwe yasubije ko byaba ari ukubyina mbere y’umuziki.
Ati “Urukundo ruba hagati y’umuhungu n’umukobwa, ntabwo ruba hagati y’umuhungu n’umukobwa n’ababakikije. Iyo abaye umugore nibwo atumira abantu b’inshuti n’abavandimwe, iyo bitaraba biba ari ibyanyu babiri gusa.”