Uyu mukobwa ukiri muto,yafashwe ku wa Kane tariki 25 Mata2019 afite igipfunyika cy’ibiro 125 kirimo utu bule 1230 tw’urumogi.
Bazihira yavuze ko ibikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge yabishowemo n’umugore witwa Evelyne Uwineza nawe wahise afatirwa mu mujyi wa Kigali.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP), Innocent Gasasira, yaburiye abantu batunda, abacuruza ndetse n’abakwirakwiza ibiyobyabwenge ko babireka kuko amayeri yose bakoresha yamenyekanye.
Yavuze ko amwe muri ayo mayeri bakoresha batwara ibiyobyabwenge harimo ababitwara mu biribwa, ababishyira mu tujerekani nk’abatwaye ibinyobwa, mu migati, mu mapine y’amagare n’andi mayeri menshi atandukanye bakoresha.
Aha yagize ati " Amayeri ayo ariyo yose ababikora bakoresha n’andi bateganya kuzakoresha Polisi ifatanyije n’abaturage izayatahura, uzabigerageza wese azahura n’ingaruka zikomeye."
Ntabwo ali ibiro 125 abantu bashatse ibyo gushakira mubiyobya bwenge babiheba, bagashakira ahandi cyangwa bakajya guhinga kuko u wibeshya yibwiraga ko arusha Polisi ubwenge, uwo mwana bamukosore aliko nawe atange amakuru atabeshya