Print

Uganda umugabo yakatiwe azira kuzamura amajipo y’abagore mu mujyi

Yanditwe na: Martin Munezero 13 May 2019 Yasuwe: 3646

Ubushinjacyaha bushinja Godffrey Byanyima ko tariki 7 Gicurasi 2019 yagaragaraye mu muhanda Ben Kiwanduka mu mujyi wa Kampaka azamura amajipo y’ abagore batandukanye.

Chimpreports yatangaje ko uyu mugabo yegeraga buri mugore akazamura ijipo ye akanamubwira amagambo ubushinjacyaha bwise ‘ihohoterwa.’

Ntabwo hatangajwe uko uyu mugabo yafashwe gusa yahawe umwanya ngo yisobanure cyangwa asabe imbabazi ahakana ibyaha aregwa byo kuzamura amajipo y’abagore.

Mu gihe ubushinjacyaha bukomeje iperereza kuri iki kirego umucamanza yategetse ko Byanyima aba ajyanywe gufungirwa muri gereza ya Luzira kugeza tariki 20 Gicurasi 2019.


Comments

agaciro peace 14 May 2019

Kuki ahubwo batamujyana kwa muganga ngo bamenye neza niba adafite ikibazo mu mutwe? Ibibazo byose ntibirangizwa no gufunga!