Print

Bizimana Djihad yashyize atangaza ikibazo gikomeye gituma Amavubi adatsinda

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 26 May 2019 Yasuwe: 4915

Yagize ati “Bambabarire kuba mbivuze.Abakinnyi bakina mu ikipe y’igihugu ntaho batandukaniye n’abakinnyi batayikinamo.Abakinnyi b’Amavubi bariho ubu ni abakinnyi beza.Urebye uko twakinnye na za Cote d’Ivoire na za Guinea twakinaga neza bikarangira dutsinzwe.

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu agomba kuba atandukanye n’utahamagawe,yaba mu buryo bw’amafaranga no mu bundi buryo bwose bushoboka.Ntabwo wambwira ukuntu umukinnyi ahamagarwa mu ikipe y’igihugu,agakina umukino,yatsindwa agataha nkuko yaje.Nubwo aba yatsinzwe umukino ariko ntaho aba atandukaniye n’umuntu utahamagaye.Nta motivation umukinnyi w’Amavubi ahabwa yatuma yitanga bikomeye kandi na bagenzi banjye barabizi tujya tubiganiraho.”

Djihad yavuze ko abo bakinana mu ikipe ya Waasland Beveren iyo bahamagawe bararira cyane kubera ubuzima bwabo buba bugiye guhinduka ariko mu Mavubi nta kintu bahabwa iyo batsinzwe.

Mu nama y’inteko rusange ya FERWAFA iherutse,hatowe komite ishinzwe gutegura amakipe y’igihugu ndetse ikibazo cy’Amavubi ngo gishobora kuzashakirwa umuti urambye.


Djihad yavuze ko abakinnyi b’Amavubi badatandukanye n’abatayikinamo