Print

Bobi Wine yongeye gushotora Perezida Museveni

Yanditwe na: Martin Munezero 27 May 2019 Yasuwe: 2951

Uyu muririmbyi wabaye umunyapolitiki ufatwa na bamwe mu Bagande nk’umucunguzi wa demokarasi ya bo, ubwo yari muri Zimbabwe yavuze ko igihugu cye Uganda gisa nk’icyapfuye kubera gutegekwa nabi.

Ikinyamakuru Chimpreports cyanditse ko iyi ntumwa ya rubanda, yavuze ko abategetsi ba Afurika babujyaho bigize abacunguzi, bagahindukira bakaba abakoloni bashya b’ibihugu byabo.

Bobi Wine yatanze urugero rw’igihugu cya Uganda aho Perezida Museveni umaze imyaka 33 ku butegetsi, atagaragaza ibimenyetso byo kuburekura, bityo ko akwiriye kubwamburwa ku nabi kuko kuneza yarabyanze.