Print

Umugore yirukanye umugabo we mu nzu kugira ngo ajye ararana n’imbwa ze 22 [AMAFOTO]

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 28 May 2019 Yasuwe: 4071

Uyu mugore utakaza amapawundi 400 buri kwezi yita kuri izi mbwa ze 22,yaciye ibintu hirya no hino nyuma yo gutandukana n’uyu mugabo Kevin w’imyaka 36 kugira ngo ajye yiraranira nazo mu cyumba.

Uyu mugore asanzwe atoza imbwa ndetse yasabye uyu mugabo we ko batandukana kubera ko atabonaga umwanya wo guhura na buri mbwa yose atoza niko guhitamo ko yajya ararana nazo mu cyumba.

Uyu mugore agenda yohererezwa imbwa kugira ngo azitoze ariyo mpamvu yavuze ko zamwizeye ndetse akaba abana nazo mu cyumba kimwe uko ari 22.

Zimwe muri izi mbwa yagiye azikura mu bihugu bitandukanye akazitaho cyane ko ngo hari izahohotewe na ba nyirazo ahitamo kuzondora.