Print

Wa musore washyize hanze amafoto y’umukunzi wa Ykee Benda yambaye ubusa buri buri yashyize hanze andi mafoto ye[AMAFOTO]

Yanditwe na: Martin Munezero 3 June 2019 Yasuwe: 8944

Ku mbuga nkoranyambaga zo muri Uganda kuri ubu inkuru ivuga ku mafoto ya Kay niyo iri kuvugwa cyane mu bitangazamakuru byaho aho buri umwe avuga ko ibyo yakozwe n’uyu muntu utazwi ari akarengane.

Ibi bibabeye nyuma yaho uyu muntu asabye amafaranga $600 Kay ngo areke kumutamaza maze Kay akanga kuyamuha ibi byatumye ashyira hanze amafoto ye yambaye ubusa ari mu rwogero.

Kuri uyu wa mbere uyu musore yongeye gushyira hanze amafoto yandi agaragaza uyu mukobwa yambaye ubusa buri buri , aho benshi bahamya ko ibi ari kubikora mu rwego rwo kugirango amuharabike muri rubanda.

Mu butumwa butandukanye bwakwirakwijwe kuri murandasi bimwe mu byamamare byo muri Uganda birimo Geosteady n’umugore we bihanganishije Kay bamubwira ko ibi bitagomba kumuca intege kuko uwakoze ibi afite icyo agambiriye.

Kuri ubu muri Uganda hatandijwe ikiswe #standwithmartha mu rwego rwo gushyigira uyu mukobwa kugirango atitakariza ikizere dore ko n’inzego z’umutekano zirimo gukurikirana uyu muntu wakoze ibi bintu.