Print

Abanyarwanda bigaragaje cyane mu irushanwa rya Tour du Cameroon

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 8 June 2019 Yasuwe: 2528

Nyuma y’agace ka 6 kegukanwe n’Umunyarwanda Nzafashwanayo Jean Claude,abanyarwanda bongeye kwigaragaza cyane mu gace ka 7 aho imyanya 3 ya mbere yegukanwe nabo.

Uku gutsinda kw’abanyarwanda kwatumye biyongerera amahirwe yo kwegukana umwenda w’umuhondo kuko Byukusenge Patrick utaritwaye neza mu duce tubanza yazamutse ku mwanya wa kabiri ku rutonde rusange aho arushwa amasegonda 20 n’umunya Cote d’Ivoire wa mbere witwa Cisse Isiaka.Hasigaye agace kamwe kazakinwa ku munsi w’ejo.

Si ubwa mbere ikipe y’u Rwanda ikoreye amateka muri Cameroon kuko n’umwaka ushize Uwizeyimana Bonavanture yegukanye iri rushanwa atwara umwenda w’umuhondo ahigitse abandi bose .





Nyuma ya Nzafashwanayo,Byukusenge na bagenzi be bigaragaje cyane uyu munsi mu gace ka 7