Print

Desire Luzinda yatunguye benshi kubera uburyo ikibuno cye gisigaye kingana[AMAFOTO]

Yanditwe na: Martin Munezero 11 June 2019 Yasuwe: 6846

Umuhanzikazi Desire Luzinda wamamaye mu muziki wa Uganda ndetse akaza no mu mubare w’abagore bakomoka muri kiriya gihugu ukundwa n’abagabo benshi kubera uburanga bwe bw’inyuma.

Bamwe mu bakurikiranira hafi umuziki wa Uganda bemeza ko mu bintu uyu mugore afite bireshya abantu harimo n’ingano ye y’ikibuno gusa magingo aya benshi batunguwe n’uburyo cyagabanutse ku buryo bugaragara.

Nkuko tubikesha ikinyamakuru cya Bigeye cyavuze ko uyu muhanzi yatangaje benshi kubera uko angina dore ko ikibuno cye cyose cyashizeho ku buryo n’imyenda yambaraga mbere ubu idashobora kumukwira.

Iki kinyamakuru gikomeza gitebya kivuga ko uyu mugore ashobora kuba yarahuye n’ubuzima bubi aho aherereye muri Leta zunzu ubumwe z’amerika akaba ariyo mpamvu yaguwe nabi n’ubuzima bwabo cyangwa umupfumu uherutse guharabika Martha Kay akaba ariwe wamutwaye uriya mubyimba we w’inyuma.

Bigeye yaboneyeho gushyira hanze amwe mu mafoto agaragaza uko Desire Luzina ameze ubu bitandukanye nuko yarameze atarava muri Uganda. Aho yahindutse mu buryo bugaragara.