Nsengiyumva uri mu bahanzi bagezweho cyane muri iyi minsi yabwiye ikinyamakuru Inyarwanda.com ko adatewe ubwoba no gukora ibitaramo bya Live muri Iwacu Muzika Festival, ndetse ngo kuba agiye kuzenguruka u Rwanda acuranga ni ibintu yishimiye kuko azahahurira n’abahanzi bakomeye yari asanzwe yumva mbere yo guhura na Alain Muku wamuzamuye.
Yagize ati “Nta mpungenge cyangwa impungenge mfite zo kuririmba Live.Abahanzi bose bo mu Rwanda ndabishimira.Abo nakunze cyane ni King James na Jay Polly.”
Uyu muhanzi ari mu myiteguro ya nyuma yo gutegura uburyo azataramira mu bitaramo bya Iwacu Muzika Festival. Nsengiyumva yavuze ko yakwishimira guhurira na King James ndetse na Jay Polly ku rubyiniro kuko abakunda cyane.
ubwoba bwo gucuranga live reka kusetsa umuntu wa menyereye gucuragira mw isoko ubwo koko woe urumva ibyo Atari Toto kuri we