Print

Bigirimana Issa yahaye ubutumwa bukomeye abibasiye umukunzi we kubera imyambarire ye ubwo yamwambikaga impeta

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 24 June 2019 Yasuwe: 11417

Uyu rutahizamu uherutse guhabwa akayabo k’ibihumbi 20 by’amadolari n’ikipe ya Young Africans kugira ngo ayisinyire amasezerano y’imyaka 2,yatangarije ikinyamakuru Isimbi TV ko atitaye ku banenze imyamabarire y’umukunzi we, Uwase Carine, ndetse ngo n’iyo yakwambara ibirenze biriya ntacyo byamutwara, icya mbere ari uko we amukunda.

Yagize ati”Numvise byinshi cyane bijyanye n’imyambarire y’umukunzi wanjye, gusa kuri njye uko yakwambara kose nta kibazo.

Icya mbere ni uko ankunda kandi ahora abimbwira buri munsi n’iyo yakwambara ibirenze hariya njye ntacyo byantwara kuko ni we waba wihitiyemo.Njye mu rukundo ntanga uburenganzira busesuye icyo nababwira ni uko nabonye abadukunda n’abatishimiye ibyanjye n’umukunzi wanjye”.

Mu ijoro ryo Kuwa Gatanu taliki ya 21 Kamena 2019,nibwo Bigirimana Issa yateye ivi asaba umukunzi we Uwase Carine ko yazamubera umugore arabimwemerera,arangije amwambika impeta.




Comments

Ingabire 11 July 2019

uru ntiruzamara kabiri,abakobwa baragwira PE


M.K 3 July 2019

Ahubwo se yarebye neza cg yarabajije neza niba atari dayimoni yaba yarambitse impeta ?


29 June 2019

lngabire
hhhhhhh Sha uyumwari yambaye nabipe nukuri Gus. nyine burimuntu agiribyakunda ntawamenya hhhh


Aimabl 28 June 2019

NTIBIKWIYE UMWARI W’I RWANDA,KWIYUBAHA NINGOBWA.


fifi 26 June 2019

Akaga kagira ibiro bike ni ukuri!Mbega imyambarire mwa bantu mwe!Nako ngo ni ubusirimu.Reka mere nka Kazo, nanjye ndabona nta kariso irimo ndakurahiye.Isi igeze aharindimuka nukuri.


Robert 25 June 2019

Uyu nta mugore umurimo n’ubundi


Kazo 24 June 2019

Buriya se yari yambaye ikariso?


Jean Evode 24 June 2019

Kuba yambaye nabi byo ni nabi pe !