Umunyarwandakazi Isimbi Noeline w’imyaka 20 y’amavuko wavugishije abantu ubwo yitabiraga irushanwa rya Nyampinga w’u Rwanda 2019 ,yongeye kuvugisha benshi kubera amafoto ye agaragaza ubwambure bwe yashyize hanze.
Ibi bibaye nyuma yuko uyu mukobwa agiye muri Tanzania aho yashakaga kwinjira mu kazi ko gukina sinema y’uruhererekane yitwa Mahaba gusa ngo byaje kwanga kubera ko ibyari akazi byaje guhindukamo kuryamana.
Mu mashusho Isimbi yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga benshi bongeye gutungurwa n’amafoto yashyize hanze amugaragaza nta mwambaro numwe yambaye.
Mu bashyize ibitekerezo kuri iyi foto batangajwe n’uko yiyambitse bamwe bamwita umurwayi wo mu mutwe mu gihe abandi bamusabye ko ubutaha yashyira hanze amafoto ayo mafoto ibye byose biri ku karubanda.
Ubwo Isimbi yari akiri mu Rwanda akaganira n’itangazamakuru bamubajije impamvu asakaza amafoto ye hanze icyo gihe yabahishuriye ko kuba abikora aba yabitekerejeho ndetse yemeza ko nta muntu numwe ufite uburenganzira ku buzima bwe kuko ngo azi kwihitiramo ikibi n’icyiza ndetse yongeraho ko na cyera abantu batajyaga biyambika bikwije.
Ariko RIB abantu sinzi uko tuyifata, ibyn’ibyomanzi n’ibitakaragasi byose ni ngombwa kuyimenyesha? Wagira pe!
Oooh u
uconyarwanda waracitsekoko ibyonugusebya abanyarwandakazi .
Harya ku mugani indaya nk’izi nta tegeko rizireba? RIB nitubwire.
malade mentale.icyo akeneye si ugufungwa ahubwo ni ukuvuzwa!
On days ngo bashatse kuyisambanya iranga! Ntukifatire abantu. Uba wiyambitse ubusa atar’uko wishakira abagusambanya nyine. Icyo nakugiraho inama hindukira ukizwe uve muri ibyo ,kuko uwo mubiri umunsi waguhindutse uzicuza bitagishobotse.
Njya nibaza impamvu RIB irebera ibintu nk’ibi bikancanga. Ministeri Y’umuco ngo mutahe.