Print

Umugabo wakundanye na Zari akiri inkumi yiga mu mashuli yisumbuye yaje akuraho urujijo rw’abantu bavuga ko ashaje ndetse ahishura n’imyaka ya nyayo afite

Yanditwe na: Martin Munezero 3 August 2019 Yasuwe: 9420

Umugore witwa Rasta Rob DJ ni umwe mu bantu bagize umubano wihariye n’umuherwekazi Zari Hassan mu myaka yahise.

Mu kiganiro uyu musore wakundanye na Zari Hassana yagiranye na Blizz yavuze ko yaterese Zari mu mwaka wa 1990, aho yemeje ko icyo gihe uyu mugore yari afite imyaka 18 y’amavuko.

Atangaje ibi nyuma yuko mu minsi yashize abantu batandukanye bakoresha imbuga nkoranyambaga bavuze ko Zari Hassan ashaje aho kuri ubu akabakaba imyaka 50 y’amavuko.

Uyu musore we yaje akuraho ibinyoma avuga ko imyaka bahimbira Zari ko atariyo ndetse yongera kwemeza ko Zari ubu afite imyaka 45 y’amavuko ndetse ko yakundanye nawe mu gihe yari afite imyaka 18 akiri inkumi yiga mu mashuri yisumbuye.


Comments

gatare 3 August 2019

Uyu mugabo nawe aratubeshye.Aravuga ko muli 1990,ZARI yari afite imyaka 18.Nukuvuga ko ubu afite imyaka 47,aho kuba 45.Kuba ZARI ashaje cyangwa adashaje,byose ni hahandi nubwo ari mwiza azasaza,he kugira uwongera kumureba,Ndiwe nareka kwiyandarika,ngashaka imana cyane,kugirango izampe ubuzima bw’iteka.Ntacyo bimaze kwishimisha ukora ibyo imana itubuza,hanyuma ukazabura paradizo kandi ntuzazuke ku munsi wa nyuma.Ni ukutagira ubwenge (wisdom).