Print

Munyakazi Sadate yamaze impungenge abakunzi ba Rayon Sports bahangayikishijwe n’abakinnyi batazakina

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 9 August 2019 Yasuwe: 3433

Mu kiganiro Sadate yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane taliki ya 08 Kanama 2019, yavuze ko bazakina na Al Hilal ku cyumweru badafite abakinnyi bane bashya barimo Oumar Sidibé,Commodore Olokwei,Irakoze Saidi na Ndizeye Samuel ariko ngo bafite abakinnyi benshi kandi bakomeye.

Yagize ati “Abakinnyi b’ingenzi tuzakoresha twarababonye n’ubwo hari n’abandi twiteze. Sidibé, Irakoze [Saidi], N’Diaye utaragera i Kigali, Samuel (Ndizeye) na Commodore ntabwo bujuje ibisabwa ku buryo bakina imikino ibanza, ariko imikino itaha turizera ko bazayikina.

Ibyangombwa bya Sidibé na Samuel byabonetse CAF yaramaze gufunga. Iya Commodore ntabwo Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Ghana rirasubiza, ariko tuzabakoresha mu kindi cyiciro.”

Perezida Sadate yavuze ko biteguye neza umukino ubanza wa Al Hilal ku Cyumweru ndetse ngo kubura aba bakinnyi ntibizababuza kuwutsinda.