Umuhesha w’inkiko w’umwuga aramenyesha abantu bose babyifuza ko kuwa kabili taliki 17/9/2019 saa tanu z’amanywa (11h00) azagurisha muri cyamunara umutungo utimukanwa ugizwe n’ubutaka bwagenewe guhingwa wa Ntaganira Elias asangiye n’umugore we Ngezahayo Euphrasie uherereye mu Karere ka Bugesera Umurenge wa Mareba, Akagali ka Bushenyi, umudugudu wa Ruyonza kugira ngo harangizwe urubanza Jyambere Mareba Sacco yatsinzemo Ntaganira Elias na mugenzi we.
Cyamunara ikaba izabera aho umutungo uherereye. Niba ukeneye ibindi bisobanuro wasoma itangazo riri hano hasi cyangwa se ugahamagara kuri Tel igedanwa ya Me Kagame K. Festo: 0788734008.