Print

Rubavu:Abagabo 2 bakurikiranyweho urupfu rwa mugenzi wabo wari wasinze

Yanditwe na: Martin Munezero 30 September 2019 Yasuwe: 2005

Mu karere Rubavu ho mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu haravugwa inkuru y’ Abagabo babiri bakubise mugenzi wabo akitaba Imana.

Kazendebe Heritier Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanzarwe yavuze ko urupfu rwa Vuganeza rwaturutse ku businzi.

Ati “Hari nka saa mbiri barimo kunywa inzoga ariko nyakwigendera yari yasinze. Nyiri akabari aramusohora ngo atahe kuko n’ubundi twabategetse ko akabari tuzasanga gaha inzoga umuntu wasinze tuzagafunga.”

Yakomeje avuga ko nyiri akabari yamusohoye bageze hanze aramusunika agwa nabi akubita umutwe hasi bagenzi be baramucyura ntibamenya ko yakomeretse.

Yakomeje agira ati “Bigeze saa sita uwo bari kumwe abona arimo kuzana ifuro mu kanwa bamujyana kwa muganga apfa batarahagera’’

Yakomeje avuga ko nyiri aka kabari nyuma yo kumva ko uwo barwanye yapfuye yahise aburirwa irengero.yaboneyeho gusaba abaturage kwirinda ubusinzi.