Print

Perezida Museveni yafunguye abantu bafunzwe bazira ubunebwe no guteza akavuyo

Yanditwe na: Dusingizimana Remy 3 October 2019 Yasuwe: 1832

Umukuru wa polisi Martin Okoth Ochola yandikiye abakuru ba polisi mu turere, abategeka gukurikiza iryo tegeko rya Perezida.

Mu cyegeranyo cyo mu mwaka wa 2016, umuryango utegamiye kuri leta uharanira uburenganzira bwa muntu wa Human Rights Awareness and Promotion Forum, wavuze ko abo batawe muri yombi kubera "amategeko ahana inzererezi" yo mu gihe cy’ubukoloni bw’Abongereza.

Ahanini ayo mategeko yibasiraga abakene badafite aho kuba hahoraho cyangwa badafite akazi.

Uwo muryango wongeyeho ko ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu 958 batawe muri yombi hagendewe kuri ayo mategeko hagati ya 2011 na 2015, kuri sitasiyo eshanu za polisi zakoreweho ubwo bushakashatsi.

Perezida Museveni yanategetse ko mu gihe kiri imbere nta muntu n’umwe wongera gutabwa muri yombi kubera ayo mategeko, nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru cyaho Daily Monitor kitegamiye kuri leta.

Ubu bubaye ubwa gatatu Bwana Museveni atanze itegeko nk’iri, ubuheruka hakaba hari mu ijambo yagejeje ku baturage ba Uganda mu mwaka wa 2017.

Bwana Museveni yigeze gusezeranya gukuraho itegeko rigira icyaha gihanwa kuba "umunebwe no guteza akavuyo", ariko iryo sezerano ntabwo ararisohoza.

Bwana Ochola yavuze ko Perezida Museveni yanategetse ko hafungurwa inzererezi zifungiye mu murwa mukuru Kampala kubera kunanirwa kwishyura amande angana na miliyoni imwe y’amashilingi (250,000Frw).

Ni nyuma yaho bari bafashwe bacururiza mu mihanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nkuko Daily Monitor ibitangaza.

Inkuru ya BBC