Mu kwezi kwa kabili yayikodesheje ni umu nya Ertereya nawe ngo ayikomerezemo ibyo bikorwa by’ubucuruzi bw’amacumbi ariko amasezerano bari bagiranye y’uburyo bazishyurana ngo ntiyakurikizwa.
Nyuma, uyu mukobwa nka nyiri nzu yakurikije ibyari mu masezerano y’ubukode bagiranye, amusaba ko yava mu nzu ariko iminsi y’integuza irangiye ntiyavamo. Yiyambaje ubuyobozi kugeza ku Karere ariko ngo ntibagira icyo bamumarira bituma agana inkiko.
Avuga ko ikibazo cye cyari cyoroshye atazi impamvu cyagombeye inkiko kuko umutungo ari uwe kandi amasezerano y’ubukode yayasheshe binyuze mu mucyo.
Ubu ngo afite ubwoba ko uwo mu nya Eritereya we vuga ko inzego zose zakingiye ikibaba ku mpamvu atazi yazanamugirira nabi no kumwica birimo.
Kurikira ikiganiro cyose twagiranye
Inzu avuga ko bamwimye
Uwo munya Eritrea bagombye kumufata bakamujyana mu nkambi Gashora hamwe nabandi banya Eritrea.
Bababwiraga ko mu minsi irimbere abanyamahanga bazaba babarusha agaciro mu gihugu cyanyu mugaseke.Ngayo nguko.
inzego zacu rwose mwikubite agashyi, kuko abo banyamahanga murutisha abenegihugu buriya abenshi nasbo nabanyabyaha! nigute umwana nkuyu wumukobwa wumunyarwandakazi akuzanira ikibazo ntumwumve koko! imiryango irengera umugore nigire icyo ikora ifashe uyumwali!
Ngeee ikintu kimbabaza cyane kikananshengura umutima ni ukuntu abanyamahanga baza murwanda bahagera bagafatwa nkamata yabashyitsi ariko twe abanyarwanda twagera hanze tugafatwa nkibisambo abajura nibindi bibi
uwo mwa Avocat ninde? tubwire amazina ye tumugendere kure! atazadutuburira natwe!
Ihangane , Inzego zo murwanda ziha umunyamahanga agaciro kurusha umunyarwanda!