Print

Mama wa nyakwigendera Mowzay Radio yagaragaje uburyo yakiriye nabi icyemezo cy’urukiko Ku wamwiciye umuhungu

Yanditwe na: Martin Munezero 5 November 2019 Yasuwe: 2709

Kasubo Jane wagaragaje ko kugeza na nubu agifite agahinda ku rupfu rw’umuhungu we, wari umaze kugira uruhare rukomeye mu guteza imbere umuryango we, yavuze ko akurikije igihano Troy aherutse guhabwa n’urukiko, kuri we abona kidahagije.

Yabivuze mu gihe urukiko rwemeje ko Troy Wamala afungwa imyaka 14, nubwo benshi mu bari abakunzi b’umuziki wa Radio batemeranyije n’icyo gihano.

Nyina wa Radio yavuze ko Wamala, yari akwiye gukatirwa igihano cy’urupfu kuko ari umwicanyi kandi akaba aribyo bikwiye abantu bose bameze nka we.

Yakomeje avuga ko adashobora guhishira amarangamutima afitiye uyu musore wamuvukije umwana we. Yemeje ko uretse umuvumo nta kindi ashobora kwifuriza Troy ahoy aba ari hose n’icyo yaba akora cyose.

Yagize ati:” Mwifuriza ibintu bibi gusa mu buzima bwe, siniyumvisha neza ko njye nshobora kugira umutima umubabarira”.

Mowzey Radio yitabye Imana taliki ya 1 Gashyantare 2018, ashyingurwa kuya 3 Gashyantare 2018. Iperereza ry’inkomoko y’urupfu rwe ryakomeje gukorwa rirangira umunyabigango Troy Wamara ariwe uhamwe n’icyaha cyo kumwica.


Comments

gakuba 6 November 2019

Uyu mubyeyi. afite neza ibitekerezo nkibyanjye ibyo ubundi nibyo bikwiye abavanyi urupfu, umuvumo, ibisigaye imbabazi gufungwa ibyo nibihembo kubicanyi *