Print

Kigali:Abaryamana n’abo bahuje ibitsina ngo bagiye gukorerwa ubuvugizi

Yanditwe na: Martin Munezero 25 November 2019 Yasuwe: 7223

Muri iyi nama bamwe mu bayobozi biyemeje ko bagiye gukora ubuvugizi ku bo bayobora ndetse no kurwanya ihohoterwa n’ihezwa rikorerwa abaryamana bahuje ibitsina.

Nyuma yo guhugura abo bayobozi biyemeje gutanga umusanzu ufatika kugirango abaryamana bahuje ibitsina bagire amahirwe angana n’ay’abandi nko muri serivisi z’ubuvuzi n’ibindi.

Bwana Nizeyimana Seleman uyobora umuryango wa Hope and care yavuze ko banejejwe n’uko izi nzego zose zigiye kugira uruhare mu kurengera no kwita kuri aba baryamana n’abo bahuje ibitsina,yagize ati : « Twahuguye aba bayobozi ngo nabo bamanuke hasi babwire abo bayobora babakangurire kurwanya akato gakunze gukorerwa aba baryamana nabo bahuje ibitsina (LGBTI).

Ni amahugurwa yateguwe n’umuryango Hope and care , BHF (Building Hope for future) ndetse na HOCA ( Horizon Community Association),ku nkunga ya HDI, union Europeen ndetse nabandi bafatanyabikorwa.

Muri iyi minsi mu mibare igaragazwa n’abashakashatsi yerekana ko mu Rwanda amategeko ahari arengera abaturarwanda ku bijyanye n’ihezwa ndetse n’ihohoterwa.


Comments

HD 28 November 2019

Ayo mafaranga muri guhabwa n’iyo miryango mpuzamahanga niyo ari kubakoresha ibyo byose


umuntu ni nk’undi 26 November 2019

Nibabareke aho kugira ngo ubyare abo utazarera, wakibanira n’uwo muhuje I Gitsina. Nibabahe umutekano namwe muri abantu


umuntu ni nk’undi 26 November 2019

Nibabareke aho kugira ngo ubyare abo utazarera, wakibanira n’uwo muhuje I Gitsina. Nibabahe umutekano namwe muri abantu


25 November 2019

Ntidukeneye abatinhanyi mu gihugu cyacu batazadukururira uburakari BY’IMANA nkuko byagenze I sodoma n’igomora. Abayobozi bacu mwamagane ikibi.


kamikazi 25 November 2019

murahaze Sha! mumaze kwibagirwa amarira mwariraga musaba Imana ngo Ibarokore none mwijanditse mu butinganyi gusa


kamikazi 25 November 2019

murahaze Sha! mumaze kwibagirwa amarira mwariraga musaba Imana ngo Ibarokore none mwijanditse mu butinganyi gusa


zirikana 25 November 2019

Muraka Puuuuuuu. Abaswa Gusa.