Print

Umwongereza yafatiwe ku kibuga cy’indege cya Bujumbura arafungwa

Yanditwe na: Martin Munezero 27 November 2019 Yasuwe: 3733

Uyu mugabo utatangajwe umwirondoro yari agiye gufata indege ya Kenya Airways afite ibiro 6,5 by’amabuye y’agaciro ariko adafite ibyangombwa bimwemerera kuyavana mu gihugu.

Ibi byatangajwe na Emmanuel Habimana uyobora urwego rushinzwe indege za gisivile mu kiganiro yahaye abanyamakuru nk’uko bivugwa n’ibiro ntaramakuru Xinhua News bya leta y’Ubushinwa.

Bwana Habimana yavuze ko uyu ukekwa yagerageje guha abapolisi ruswa y’amadorari 40 ya Amerika (75,000 Fbu) ngo bamureke agende ariko bakanga kuyakira.

Kuvana amabuye y’agaciro mu Burundi bisaba ibyangombwa bitangwa na banki nkuru y’u Burundi, ikigo cy’igihugu gishinzwe ubucukuzi hamwe n’ikigo gishinzwe imisoro.

Uregwa yashyikirijwe ubucamanza nk’uko bitangazwa na Bwana Habimana.