Print

Abahanzi babarizwa muri Wasafi bayobowe na Diamond bibasiye Ali Kiba na Harmonize

Yanditwe na: Martin Munezero 3 December 2019 Yasuwe: 2100

Babihereye mu gitaramo kiri gutegurwa n’aba bahanzi bombi ku cyumweru ku wa 08 ukuboza 2019, abahanzi bo muri Wasafi bayobowe n’umuyobozi wabo bahisemo kukwena Harmonize na Ali Kiba mu gihe n’ubundi baherukaga kujya mu makimbirane ubwo WCB Wasafi yarimo kwitegura iserikiramuco rya Wasafi Festival 2019.

Ricardo Momo ushinzwe gucunga umutungo w’inzu itunganya umuziki ya Wasafi Classic Baby yatanze ubutumwa butakiriwe neza na Kiba ndetse na Harmonize avuga ko iki gitaramo kirimo gutegurwa n’ibi byamamare gikwiye gucumwa kikajyanwa mu kindi cyumweru ndetse ntikishyuzwe kubera gicirirtse.

Umuhanzi Diamond Platnumz nawe ntabwo yarebere ubutumwa bw’umucungamutungo we kuko yasetse cyane mu butumwa nawe yatanzeho asa n’ushimangira ko igitaramo Ali Kiba na Harmonize bazakishyuriza ubuntu mu cyumweru gitaha.